Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi n’Iyamamazabikorwa mu Kigo RNIT Iterambere Fund, Masantura Ruziga Emmanuel, yagaragaje ko urubyiruko rufite amahirwe menshi yo kwaguka cyane iyo rutangiye kwizigamira ku Isoko ry’Imari n’Imigabane hakiri kare, biturutse ku nyungu zigenda zitangwa.
Yabigarutseho mu kiganiro cyibanze ku buryo urubyiruko rwakwaguka bifatika rubikesha gushora ku Isoko ry’Imari n’Imigabane.
Yatanze urugero ko umuntu wizigamira ibihumbi 100 ku kwezi uyu munsi nyuma y’imyaka 20 azaba agize miliyoni 24 Frw ariko ko naba yarakoresheje RNIT Iterambere Fund azaba afite kuri konti ye miliyoni 86 Frw abikesha inyungu ziri hejuru ya 11% iki kigo gitanga. #RBAAmakuru
